RSSB igiye kubaka inzu 7000 i Gasogi zizagurishwa guhera kuri miliyoni 10 Frw
RSSB igiye kubaka inzu 7000 i Gasogi zizagurishwa guhera kuri miliyoni 10 Frw
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), cyatangaje ko muri gahunda yo gufasha Abanyarwanda bafite ubushobozi buke, kigiye kubaka inzu ibihumbi birindwi i Gasogi mu Karere ka Gasabo zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 10 na 20 Frw.
Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Richard Tusabe, yagaragaje ko igihe kigeze ngo abantu bafite ubushobozi buke batekerezweho kuko buri Munyarwanda agomba gufashwa kimwe n’undi.
Iyi gahunda yo kubaka aya macumbi izatangira muri Kamena 2019.



